Haras el Hedoud yaraye igeze i Kigali Print E-mail
Wednesday, 11 March 2009 08:31

Ikipe ya gisirikari yo mu gihugu cya Misri ariyo Haras el Hedoud yaraye igeze i Kigali aho igomba guhura n'ikipe ya APR FC kuri uyu wa gatandatu tariki ya 14/3/2009 kuri Stade Régional Nyamirambo saa 15H30 mu mikino ya Confederation Cup 2009 igeze muri 1/16 cy'irangiza.

Haras el Hedoud bari kwinjira mu modoka bagana aho bacumbikiwe kuri SportsView Hotel.Haras el Hedoud yageze i Kigali saa 16H30 ku isaha yo mu Rwanda ikaba yaraje izanye n'indege ya gisirikare, Egypt Air Force. Bakigera ku kibuga cy'indege i Kanombe bakiriwe n'uhagarariye Misri mu Rwanda, vice president wa Federation, hamwe n'abayobozi b'ikipe ya APR FC.

Nyuma bose—abakinnyi, abaganga, aba pilotes ba Air Force hamwe n'abandi bazanye na Haras el Hedoud—bahise bajyanwa aho bacumbikiwe i Remera kuri SportsView Hotel.

Mbere y'uko binjira mu byumba byabo, basabye ko bahabwa amahirwe yo gusura parks zo mu Rwanda bakirebera inyamaswa kuko wasangaga buri mwanya babaza niba mu Rwanda umuntu ashobora kubona intare, ingagi, twiga hamwe n'izindi nyinshi zitandukanye.

Abayobozi ba APR FC, ariyo kipe yabakiriye, bahise babemerera ko baza gufata uyu munsi wose hanyuma bakabajyana aho bumva baba bashaka bakirebera ubwiza butatse igihugu cy'u Rwanda. Nabo bahise basubiza ngo "Murakoze" mu Kinyarwanda bari bamaze kwigira i Kanombe.

Umukino wo kwishyura ukaba uteganijwe nyuma y'ibyumweru 2 i Cairo mu gihugu cya Misri.

Bookmark with:

Facebook    Deli.cio.us    Digg    reddit    StumbleUpon    Newsvine
Last Updated on Monday, 06 April 2009 08:14